-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

REB Igiye Guhindura Bikomeye Uburyo Abarimu Bigishwa – Ibyo Bivuze Ku Banyeshuri

Dr Mbarushimana Nelson



Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) rwatangaje ko rigiye kuvugurura uburyo abarimu bategurirwa kwigisha mu mashuri abanza, hagamijwe kongera ubumenyi n’ubushobozi bwabo aho biteganywa ko mu gihe kiri imbere uzajya ushaka kwigisha mu mashuri abanza azajya abanza kurangiza kaminuza.

Ibi byatangajwe nyuma ya raporo ya Minisiteri y’Uburezi y’umwaka wa 2024/2025 yashyizwe hanze ku wa 30 Werurwe 2026, igaragaza uko urwego rw’uburezi ruhagaze n’ibikenewe kuvugururwa mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda.

Iyo raporo igaragaza ko mu gihugu hari amashuri 4.996 arimo 2.083 afashwa na Leta ku bw’amasezerano, 1.576 ya Leta n’andi 1.337 yigenga. Naho kugeza mu Ukuboza 2025, abarimu mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari 133.029, barimo 71.011 bafite amashuri yisumbuye gusa, 10.667 bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A0), mu gihe 21.147 bafite icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

Umuyobozi wa REB, Dr Mbarushimana Nelson, yavuze ko uburyo abarimu bigishwa mu mashuri nderabarezi bugikeneye kuvugururwa kugira ngo bujyane n’igihe ndetse n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo.

Yagize ati: “Iyo urebye igihe abarimu bamara biga ugereranyije n’ibindi bihugu, usanga ari gito. Turimo gukora ubushakashatsi ngo turebe uko cyakongerwa ndetse n’uburyo bwo kubinoza neza.”

Mu Rwanda, amashuri nderabarezi ni 16, yakira abanyeshuri barangije icyiciro rusange (Tronc Commun), bakiga imyaka itatu mbere yo guhabwa uburenganzira bwo kwigisha mu mashuri abanza. Gusa REB ivuga ko iyi myaka idahagije ugereranyije n’ibindi bihugu aho bamwe bongeraho imyaka ibiri cyangwa ine, bikaba bituma hari abarimu bafite impamyabumenyi zo ku rwego rwa kaminuza (A1 cyangwa A0) bigisha mu mashuri abanza.

Dr Mbarushimana yagereranyije uburemere bw’umwuga w’ubwarimu n’ubw’ubuganga, agaragaza ko kwigisha na byo bisaba ubumenyi buhagije n’amahugurwa akomeye, kuko ari ho abana baherwa ubumenyi bw’ibanze bwo gusoma, kwandika no kubara.

Ati: “Amashuri abanza ni wo musingi. Iyo abana bahabonye abarimu bashoboye, bibafasha gukomeza neza mu mashuri yisumbuye no mu mashuri makuru, bityo igihugu kikagira abaturage bashoboye kugiteza imbere.”

Ku rwego mpuzamahanga, ibihugu nka Uganda byatangiye gusaba abarimu bigisha mu mashuri y’inshuke n’abanza kuba bafite nibura impamyabumenyi ya kaminuza, aho abari basanzwe mu kazi bahawe imyaka 10 yo kuba bayibonye. Mu gihe muri Kenya, abarimu b’amashuri abanza biga imyaka itatu nk’uko bikorwa mu Rwanda.

REB ivuga ko impinduka zitezwe zizafasha kuziba icyuho cyari kiri mu ireme ry’uburezi, cyane cyane mu mashuri abanza.

Izi mpinduka zije zikurikira n’andi mavugurura aherutse gukorwa mu burezi, aho havanyweho uburyo bw’impuzamasomo (combinations) mu mashuri yisumbuye hagashyirwaho uburyo bwa Learning Pathways, bugabanyije amasomo mu byiciro bitatu birimo Siyansi, Ubumenyamuntu n’Indimi.

Dr Mbarushimana yavuze ko ubu buryo bushya buha abanyeshuri amahitamo yagutse, bubafasha kwiga ibyo biyumvamo no kwitegura neza amasomo yo muri kaminuza.

Icyakora, REB igaragaza ko aya mavugurura yateye impinduka no ku barimu, aho hari amasomo amwe n’amwe abarimu basagukamo kubera uburyo bwo guhuriza hamwe abanyeshuri biga isomo rimwe mu ishuri rimwe, aho mbere byasabaga abarimu benshi.

Mu gusoza, REB ivuga ko kuvugurura uburyo abarimu bategurwa ari intambwe ikomeye izafasha kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda, ndetse igashyiraho umusingi ukomeye w’iterambere ry’igihugu rishingiye ku bumenyi.

IMIHIGONEWS.RW

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153