-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

KWIBUKA32: Senderi Hit yasubiyemo indirimbo ze zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

UMUHANZI ERIC SENDERI INTERNATIONAL HITS KWIBUKA32


Umuhanzi Eric Senderi Hit uzwi cyane mu ndirimbo zifasha Abanyarwanda kwimakaza ubumwe n’uburere mboneragihugu, yongeye kuvugurura indirimbo ze ebyiri ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’ na ‘Guhanga Si Uguhaga’, asobanura ko zibitse amateka akomeye adakwiye gusaza.

Mu kiganiro yagiranye n’ IGIHE kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata 2026, Senderi yavuze ko izi ndirimbo yazisubiyemo kugira ngo zijyane n’igihe cyane cyane mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

Yagize ati:“Hari indirimbo zibika amateka akomeye ku buryo numva ari ngombwa kuzivugurura, haba mu majwi no mu mashusho, kugira ngo zikomeze kugirira akamaro Abanyarwanda.”

Indirimbo ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’ na ‘Guhanga Si Uguhaga’ zimaze imyaka irenga 20 zisohotse. Senderi agaragaza ko amashusho yazo ya mbere atari akijyanye n’iterambere igihugu kimaze kugeraho, bityo ko byabaye ngombwa kuzisubiramo.

Izi ndirimbo zifashishwa cyane mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho zifasha mu kwigisha amateka no gukangurira Abanyarwanda gukomeza kubungabunga ubumwe n’amahoro yacu.

Mu gihe Abanyarwanda bari mu bihe byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, Senderi Hit yatanze ubutumwa bwihariye ku rubyiruko.

Yasabye urubyiruko kwirinda abashaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda no kugoreka amateka y’igihugu.

Ati:“Urubyiruko rukwiye kwima umwanya abashaka kudusubiza inyuma bagoreka amateka yacu.”

Senderi yibukije ko mu gihe Jenoside yakorwaga, ingabo za RPA ari zo zahagaritse ubwicanyi mu gihe amahanga yarimo arebera.

Yashimangiye ko Abanyarwanda bagomba gukomeza kurinda ibyo bagezeho, badategereje ubufasha bw’amahanga.

Kuvugurura izi ndirimbo ni igikorwa kigamije gusigasira amateka no kuyageza ku rubyiruko mu buryo bujyanye n’igihe, bityo bigafasha mu gukomeza kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.

Senderi Hit, Jenoside yakorewe Abatutsi, indirimbo zo kwibuka, Nyarubuye, Guhanga si Uguhaga, umuziki nyarwanda

IMIHIGONEWS.RW/KWIBUKA32

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153