-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Trump yavuze ko intambara ya Iran na Israel igiye kurangira vuba



Mu gihe intambara hagati ya Iran, Amerika na Israel ikomeje gukaza umurego mu Burasirazuba bwo Hagati, Leta ya Iran yatangaje amakuru mashya ku buzima bw’Umuyobozi Mukuru wayo, nyuma y’igihe kinini atagaragara mu ruhame agakurikirwa n’ibitero bikomeye byahitanye se ndetse bikamusigira ibikomere bikomeye.

Tehran yavuze ko Umuyobozi Mukuru wa Iran yagiranye ibiganiro na Perezida wa Iran, ibintu byahise bihosha bamwe mu bari bamaze iminsi bakeka ko yaba ameze nabi cyane cyangwa yarahungishijwe ahantu hatazwi kubera umutekano muke uri mu gihugu.

Ibi bibaye mu gihe Donald Trump yatangaje ko intambara ishobora “kurangira vuba cyane”, nyuma y’ibiganiro byabaye hagati ya Washington na Tehran ku kibazo cya nucléaire ya Iran ndetse n’ikorwa ry’ubucuruzi mu nyanja Umuhora wa Hormuz.
Trump yavuze ko ibiganiro biri kugenda neza kandi ko Iran ishaka kugera ku masezerano, ariko anongeraho ko Amerika ishobora kongera ibitero bikomeye mu gihe ibyo biganiro byapfa.

Amakuru aturuka mu bitangazamakuru mpuzamahanga avuga ko Iran ikomeje gusuzuma inyandiko y’amasezerano yashyizweho na Amerika, harimo guhagarika ibikorwa byo kongera yuriniyamu ndetse no kongera gufungura inzira ya horumuzi, ifatwa nk’umutima w’ubucuruzi bwa peteroli ku isi.

N’ubwo Trump agaragaza icyizere cy’amahoro, bamwe mu basesenguzi mpuzamahanga bavuga ko ibintu bikiri bibi cyane kuko impande zombi zigifite ibyo zidahurizaho. Hari impungenge ko intambara ishobora kongera gukara mu gihe ibiganiro byananirana cyangwa Iran igakomeza ibikorwa byo kugenzura inyanja ya Hormuzi.
Muri aya masaha iyi nkuru abantu bose ku isi bari bayitezeho ubukiriro ku bukungu bw’isi bukomeje gutikira, aho bamwe bashinja Trump kuvuga amagambo atandukanye ku gihe intambara izarangirira, mu gihe abandi bavuga ko Iran itazemera gushyirwa ku gitutu na Amerika.

Kugeza ubu, isi yose ikomeje gukurikiranira hafi uko ibiganiro hagati ya Tehran na Washington biri kugenda, mu gihe ibiciro bya peteroli ndetse n’umutekano mpuzamahanga bikomeje guhungabanywa n’iyi ntambara igenda ifata intera uko bwije n’uko bucyeye.

IMIHIGONEWS.RW

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153