Abarimu bafite imyaka itarenze 35 basabwe kwihutira gusaba aya mahirwe yo kwiga muri UR-College of Education
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze mu Rwanda, Rwanda
Basic Education Board (REB), ku bufatanye n’Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na
Kaminuza (HEC), cyatangaje ko kigiye gutanga buruse 300 zigenewe abarimu bari
mu kazi mu mashuri ya Leta n’afashwa na Leta, bashaka gukomeza amasomo ya
Kaminuza mu mwaka w’amashuri wa 2026–2027 muri University of Rwanda College of
Education.
Aya mahirwe aje mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira
imbaraga mu kuzamura ireme ry’uburezi binyuze mu kongerera ubushobozi abarimu,
cyane cyane abigisha mu mashuri abanza bafite A2 ndetse n’abarimu bafite A1.
Buruse zatangajwe zigamije gufasha abarimu gukomeza amasomo yabo ya Kaminuza
kugira ngo barusheho gutanga uburezi bufite ireme kandi bujyanye n’igihe.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na REB, hagaragajwe ko izi
buruse zigenewe amashami arimo Early Childhood Education, Special Needs
Education, Sciences with Education, Languages with Education ndetse n’andi
mashami ajyanye n’uburezi. Abazahabwa aya mahirwe baziga muri UR-College of
Education i Nyagatare no i Rukara mu Ntara y’Iburasirazuba.
REB yatangaje ko kugira ngo umuntu yemererwe gusaba iyi buruse,
agomba kuba ari Umunyarwanda, atarengeje imyaka 35 y’amavuko ndetse akaba afite
nibura imyaka itatu y’uburambe mu mwuga w’ubwarimu. Usaba kandi agomba kuba
afite impamyabumenyi ya A2 mu mashuri nderabarezi (TTC cyangwa NP) cyangwa
akaba ari umwarimu utarize uburezi ariko warahawe amahugurwa (Uncertified
Teacher). Abafite impamyabumenyi ya A1 mu burezi na bo bemerewe gusaba.
Abifuza gusaba basabwe kandi kuba batarigeze bahagarikwa ku kazi
igihe kirenze amezi atatu, ibintu REB ivuga ko bigamije guha amahirwe abarimu
bafite imyitwarire myiza n’imikorere inoze.
Mu nyandiko zisabwa harimo kopi ya diplôme cyangwa certificate
ya A2 cyangwa A1, academic transcript cyangwa result slip igaragaza amanota,
kopi y’ibaruwa y’akazi ndetse n’imihigo cyangwa evaluation y’umwaka wa
2024–2025 iriho umukono w’ubuyobozi bubifitiye ububasha.
REB yasobanuye ko gusaba bikorwa hifashishijwe urubuga rwa TMIS:
TMIS REB
Igihe cyo gutanga dosiye cyatangiriye tariki ya 6 Gicurasi 2026
kikazarangira tariki ya 13 Gicurasi 2026. Nyuma y’icyo gihe, abazaba bujuje
ibisabwa bazakora ikizamini kizashingirwaho mu gutoranya abazahabwa buruse.
Mu buryo bwo gutoranya abazatsinda, REB yatangaje ko abakandida
bose bazabanza kugenzurwa niba baratanze ibyangombwa byose bisabwa. Nyuma yaho,
harebwa niba batsinze amasomo ajyanye n’ishami basabye kwigamo, aho amanota
yemewe ari A, B, C na D gusa.
Abazatsinda ikizamini ni bo bazahabwa aya mahirwe ya buruse. Mu
bantu 300 bazatoranywa, 99 bazajya muri Early Childhood Education, 27 muri
Special Needs Education, 92 muri Sciences with Education naho 82 muri Arts and
Languages.
REB yavuze kandi ko abafite impamyabumenyi ya A1 bazemererwa
gusa kujya mu mashami ya Sciences with Education na Arts and Languages.
Ikindi cyagarutsweho ni uko urutonde rw’abatsinze ruzakorwa ku
rwego rw’igihugu hose, kandi abakandida bafite amanota menshi ari bo bazahabwa
amahirwe mbere y’abandi.
Mu gihe abakandida babiri cyangwa benshi baba bafite amanota angana, hazitabazwa ibindi bipimo birimo guha amahirwe igitsina kidahagarariwe cyane, kureba ufite uburambe bwinshi mu kazi, kureba imyaka y’amavuko aho umuto azahabwa amahirwe mbere ndetse n’igihe umuntu yatangiriyeho dosiye.
Bamwe mu barimu baganiriye n’itangazamakuru bavuga ko aya
mahirwe aje ari ingenzi cyane kuko azabafasha kuzamura urwego rw’ubumenyi no
kongera amahirwe mu kazi. Hari abavuga ko kubona buruse nk’iyi bitari byoroshye
cyane cyane ku barimu bakorera mu cyaro bafite ubushobozi buke bwo kwishyurira
Kaminuza.
Abasesenguzi mu burezi bavuga ko gahunda nk’iyi izagira uruhare
rukomeye mu kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda, kuko umwarimu ufite ubumenyi
buhagije ashobora gutanga amasomo mu buryo bwumvikana kandi bujyanye n’igihe.
Banagaragaza ko kongerera ubushobozi abarimu bo mu mashuri
y’incuke ndetse n’abigisha abana bafite ubumuga ari intambwe nziza igihugu
gikomeje gutera mu guteza imbere uburezi budaheza.
Itangazo rya REB ryagaragaje ubushake bwa Leta y’u Rwanda bwo
gukomeza guteza imbere abarimu no kubafasha kongera ubumenyi n’ubushobozi mu
kazi kabo ka buri munsi. Abarimu bujuje ibisabwa basabwe kwihutira gusaba aya
mahirwe mbere y’uko igihe ntarengwa kigera.
Iyi gahunda ya buruse ishobora kuzagira uruhare runini mu
kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda, cyane cyane mu mashami akomeje gukenerwa
cyane nk’uburezi bw’abana bato, uburezi bwihariye ndetse n’amasomo ya siyansi
n’indimi.
Impinduka zagaragaye muri uyu mwaka ni uko hiyongereyemo isomo
rya Educational Psychology, ibintu bamwe mu barimu bavuga ko bishobora gufasha
cyane mu gusobanukirwa imyigire n’imyitwarire y’abanyeshuri, bityo bikarushaho
kunoza uburyo bwo kwigisha no gufasha abana mu myigire yabo ya buri munsi.
.jpeg)


0 Comments
Imihigonews