
Umuherwe bill gates arikumwe na Dr Sabin Nsanzimana Minisitiri w'ubuzima mu rwanda
Umunyemari akaba n'umwe mu bashinze Gates Foundation,
Bill Gates, yasuye ibikorwa by'ubuvuzi mu Karere ka Rwamagana, agaragaza ko
yanyuzwe n'uburyo u Rwanda rukomeje kwifashisha ikoranabuhanga mu gutanga
serivisi z'ubuzima no gukurikirana abagore batwite kuva batangiye kwipimisha
kugeza babyaye.
Bill Gates yageze mu Karere ka Rwamagana kuri uyu wa Mbere
aherekejwe n'abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Sabin
Nsanzimana, Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, ndetse
n'ubuyobozi bw'Akarere ka Rwamagana.
Mu ruzinduko rwe, yabanje gusura ibikorwa bijyanye n'inganda
zikora ibikoresho byo kwa muganga mbere yo kugera ku Kigo Nderabuzima cya
Mwulire, aho yaganiriye n'abajyanama b'ubuzima ndetse anareba uko serivisi
z'ubuvuzi zitangwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Abayobozi b'Ikigo Nderabuzima cya Mwulire basobanuriye Bill
Gates uburyo umurwayi yakirwa kuva akigera ku kigo, akiyandikisha hakoreshejwe
ikoranabuhanga, kugeza igihe ahabwa imiti cyangwa akoherezwa gukora ibizamini
muri laboratwari.
Yanasobanuriwe uburyo amakuru y'abarwayi abikwa mu buryo
bw'ikoranabuhanga, bikagabanya gukoresha impapuro no kwihutisha itangwa rya
serivisi.
Mu bice yasuye harimo ishami rikurikirana abagore batwite, aho
yeretswe gahunda yo gukurikirana ubuzima bw'umubyeyi n'umwana kuva ku mezi ya
mbere y'inda kugeza igihe umwana avukiye.
Abakozi b'ikigo bagaragaje ko ikoreshwa ry'ikoranabuhanga
ryafashije kugabanya igihe abarwayi bamaraga bategereje serivisi, koroshya
kubika amakuru no kunoza imitangire ya serivisi z'ubuvuzi.
Bill Gates yashimye isuku y'ikigo n'uburyo ikoranabuhanga
ryinjijwe mu bikorwa bya buri munsi, agaragaza ko ari urugero rwiza rw'uko
ikoranabuhanga rishobora kuzamura ireme rya serivisi z'ubuzima.
Ikigo Nderabuzima cya Mwulire cyatangiye gukora nk'ivuriro
ry'ibanze mu mwaka wa 2014, nyuma y'uko cyaguwe mu 2023 gihinduka ikigo
nderabuzima gifite inyubako n'ibikorwaremezo byinshi.
Kuri ubu cyakira abarwayi bagera hafi kuri 90 buri munsi, mu
gihe abarenga 2.240 bakigana buri kwezi baturuka cyane cyane mu Murenge wa
Mwulire no mu nkengero zawo.
Uruzinduko rwa Bill Gates rugaragaza icyizere amahanga akomeje
kugirira gahunda z'u Rwanda mu rwego rw'ubuzima, by'umwihariko ikoreshwa
ry'ikoranabuhanga mu koroshya serivisi no gukurikirana ubuzima bw'abaturage. Ni
uruzinduko rushobora gukomeza gushimangira ubufatanye hagati y'u Rwanda
n'abafatanyabikorwa mu guteza imbere ubuvuzi n'ubuzima rusange.
WWW.IMIHIGONEWS.RW
0 Comments
Imihigonews