-->

Perezida Kagame na Bill Gates baganiriye ku kwagura ubufatanye mu buzima, AI n'ubuhinzi

Paul kagame na Bill gates


Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 20 Nyakanga 2026, yakiriye Umunyemari akaba n'umunyabugiraneza Bill Gates, washinze Gates Foundation, baganira ku buryo bwo kurushaho guteza imbere ubufatanye hagati y'u Rwanda n'uwo muryango, by'umwihariko mu nzego z'ubuzima, ubuhinzi, Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence) n'ibikorwaremezo by'ikoranabuhanga.

Amakuru yatangajwe n'Ibiro by'Umukuru w'Igihugu (Village Urugwiro) agaragaza ko ibiganiro byibanze ku gushimangira ubufatanye bumaze imyaka hagati y'u Rwanda na Gates Foundation, hagamijwe guteza imbere imibereho myiza y'abaturage binyuze mu ishoramari mu buzima, ubuhinzi n'ikoranabuhanga.

Impande zombi zanaganiriye ku buryo Ubwenge Buhangano (AI) n'ibikorwaremezo by'ikoranabuhanga byakoreshwa mu kongera ireme rya serivisi zitangwa no kwihutisha iterambere rirambye.

Mbere yo guhura na Perezida Kagame, Bill Gates yari yasuye ibikorwa bitandukanye by'ubuzima mu Rwanda, birimo n'Ikigo Nderabuzima cya Mwulire mu Karere ka Rwamagana, aho yashimye uburyo igihugu gikoresha ikoranabuhanga mu gutanga serivisi z'ubuvuzi no gukurikirana ubuzima bw'abaturage.

Yanagaragaje ko u Rwanda rwabaye urugero rwiza rw'igihugu cyashoye imari mu ikoranabuhanga rifasha kurokora ubuzima no kugeza serivisi z'ingenzi ku baturage.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Bill Gates yavuze ko mu myaka 25 ishize u Rwanda rwageze ku iterambere rigaragara mu rwego rw'ubuzima.

Yagize ati:

"U Rwanda rwerekana ibyo bishoboka kugerwaho iyo ibihugu bishoye imari mu ikoranabuhanga rifasha kurokora ubuzima kandi rikagezwa ku bantu barikeneye kurusha abandi."

Mu ruzinduko rwe, Bill Gates yanasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, aho yunamiye inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishyinguwe muri uru rwibutso, azirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uru ruzinduko rwabaye umwanya wo gusobanukirwa amateka y'u Rwanda no guha icyubahiro abazize Jenoside.

Bill Gates yavuze ko Gates Foundation imaze imyaka isaga 20 ikorana n'u Rwanda ndetse n'ibindi bihugu bya Afurika mu guteza imbere ubuzima bw'abaturage.

Yagaragaje ko yifuza gukomeza gukorana n'inzego zitandukanye kugira ngo hubakwe ejo hazaza harangwa n'iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga, ubufatanye n'udushya.

Yagize ati:

"Ntegereje ibiganiro tuzagirana ndetse no gukomeza kwigira ku bantu n'inzego zigira uruhare mu kubaka ejo hazaza ha Afurika."

Mu Rwanda, Gates Foundation ishyigikira gahunda zitandukanye zirimo:

  • Guteza imbere serivisi z'ubuzima.
  • Gushyigikira gahunda zo kuboneza urubyaro.
  • Gukumira indwara zikomoka ku mwanda.
  • Guteza imbere gahunda z'inkingo.
  • Gushyigikira ikoreshwa ry'ikoranabuhanga n'ibikoresho bigezweho mu buvuzi.
  • Guteza imbere ubuhinzi n'umutekano w'ibiribwa.

Uruzinduko rwa Bill Gates n'ibiganiro yagiranye na Perezida Paul Kagame byerekana ko ubufatanye hagati y'u Rwanda na Gates Foundation bukomeje kwaguka mu nzego zifatiye runini ubuzima bw'abaturage n'iterambere ry'igihugu. Kwinjiza ikoranabuhanga rigezweho, harimo n'Ubwenge Buhangano (AI), mu bikorwa by'ubuzima n'ubuhinzi bishobora kurushaho kwihutisha gahunda z'iterambere u Rwanda rwihaye.

www.imihigonews.rw

Post a Comment

0 Comments