-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Amashusho akomeje gukwirakwira agaragaza umuhanzi Silvizo asohorwa ku rubyiniro mu gitaramo cya View Nation Gala i Gisozi



Silvizo, View Nation Gala, Imyidagaduro nyarwanda, Ibitaramo mu Rwanda, Amakuru mashya, Kigali Nightlife, Abahanzi nyarwanda

Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga arimo agaragaza uko umuhanzi Silvizo yasohowe ku rubyiniro mu gitaramo cya View Nation Gala, cyabereye mu ijoro ryo ku wa 19 Ukuboza 2025 muri BAR izwi nka Claucy Bar & Resto, iherereye mu murenge wa Gisozi, mu karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali.

Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n’abahanzi batandukanye ndetse n’abandi bantu bazwi mu myidagaduro, barimo Benno View, Sky2 Wabagahe, Fireman Vayo, Double N Original, ndetse n’abandi b’ibyamamare birimo Mitsutsu Comedian, nk’uko byemezwa n’abari bitabiriye iki gikorwa.

Nk’uko bigaragara muri ayo mashusho, Silvizo ubwo yahamagarwaga ku rubyiniro ngo aririmbe, hari imyitwarire ye ku rubyiniro itanyuze abayoboye ibirori n’abari bitabiriye igitaramo, aho byagaragaraga ko indirimbo yaririmbaga atazirangizaga neza, akanazisubiramo mu buryo butari busanzwe.

Ibyo byatumye abayobozi b’igitaramo bafata icyemezo cyo gusaba abashinzwe umutekano (bouncers) b’aho igitaramo cyabereye kumusohora ku rubyiniro, mu rwego rwo gukomeza gahunda y’igitaramo no kwirinda ko habaho akavuyo.

Kugeza ubu, aya mashusho akomeje gukwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho abakoresha izo mbuga bagenda bagaragaza ibitekerezo bitandukanye kuri iki gikorwa, bamwe bagaragaza impungenge ku myitwarire y’abahanzi ku rubyiniro, abandi bagasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku cyabaye mbere yo gufata imyanzuro.

Twagerageje kuvugana n’umuhanzi Silvizo cyangwa abamuhagarariye kugira ngo bagire icyo bavuga kuri ibi byabaye, ariko ntitwabashije kubona igisubizo cyabo kugeza ubu. Iyi nkuru irakomeza kuvugururwa mu gihe hari amakuru mashya yatangwa n’impande zombi.

Ibi bibaye mu gihe ibitaramo n’ibikorwa by’imyidagaduro bikomeje kwiyongera mu Mujyi wa Kigali, aho hakomeje gusabwa abahanzi n’abategura ibirori kubahiriza imyitwarire ijyanye n’umwuga no kurinda icyizere cy’abakunzi b’umuziki.

 

IMIHIGO NEWS | imihigonews.rw

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153