-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Umudepite Ronny Jackson asaba RDC n’ibihugu by’ibituranyi kugirana amasezerano y’ubufatanye ku mabuye y’agaciro yo mu burasirazuba

Ronny Jackson wo muri Amerika

Umudepite Ronny Jackson wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasabye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) n’ibihugu biyituriye kugirana amasezerano y’ubufatanye ku mabuye y’agaciro yo mu burasirazuba bw’iki gihugu, avuga ko ari inzira irambye yo kugarura amahoro n’umutekano mu karere. Ibi yabivuze ku wa 22 Mutarama 2026 mu kiganiro cyahuje agashami ka Komisiyo y’Inteko ishinzwe ububanyi n’amahanga ya Amerika.

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ronny Jackson, yatangaje ko ibihugu bituranye na RDC bikwiye kubona inyungu z’amabuye y’agaciro ari mu burasirazuba bw’iki gihugu, mu rwego rwo gufasha kugarura amahoro n’umutekano birambye mu karere.

Mu ruzinduko yagiriye mu bihugu by’akarere muri Werurwe 2025, aho yari intumwa y’Inteko ya Amerika igamije gusuzuma imvano y’amakimbirane hagati y’u Rwanda na RDC, Depite Jackson yaganiriye n’abayobozi bo mu bihugu bitandukanye, hanyuma ashyira bagenzi be raporo ishingiye ku byagaragaye n’uko ibibazo byakemurwa mu buryo burambye.

Yagize ati:"Inshuro nyinshi natanze igitekerezo cy’uko habaho amasezerano hagati y’ibihugu, atari u Rwanda gusa, ahubwo n’u Burundi, Uganda n’ibindi bihugu by’ibituranyi, kugira ngo buri wese abone inyungu muri miliyari ibihumbi z’amadolari ava mu mabuye y’agaciro ari mu burasirazuba bwa RDC. Ni hamwe mu hari umutungo kamere mwinshi ku Isi."
(Depite Jackson yavuze mu Cyongereza.)

Uyu mudepite yongeyeho ko amabuye y’agaciro acukurwa mu burasirazuba bwa RDC akwiye no gutunganyirizwa mu bihugu by’abaturanyi, bityo inyungu ziturutse ku kuyongerera agaciro zikagabanywa mu karere. Ibi byatuma buri gihugu kigira inyungu ifatika mu kubungabunga amahoro n’umutekano.

Ku ruhande rwa RDC, Depite Jackson yasobanuye ko amafaranga ava muri uwo mutungo akwiye gusubira mu burasirazuba bw’igihugu, agashorwa mu mibereho y’abaturage, kubaka ibikorwaremezo no guteza imbere serivisi z’ibanze, kugira ngo umutungo kamere ube igisubizo ku bibazo by’iterambere n’umutekano, aho kuba intandaro y’amakimbirane.

Iyi ngingo ya Depite Ronny Jackson igaragaza icyerekezo gishingiye ku bufatanye bw’akarere mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke umaze igihe mu burasirazuba bwa RDC, binyuze mu gusaranganya inyungu z’umutungo kamere no kuwugira igikoresho cy’amahoro n’iterambere rusange.




 IMIHIGO NEWS

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153