Kigali, Rwanda – Mu itegeko rishya rigenga abantu n’umuryango ryasohotse tariki 30 Nyakanga 2024, haragaragazwa impamvu nshya zemewe n’amategeko zishingirwaho n’abashyingiranwe bashaka gutandukana burundu. Izi mpamvu zirimo ubusambanyi, guhamwa n’icyaha cyo gusabanya, ihohoterwa ku mubiri no ku mitekerereze, kurenga ku mutungo w’urugo no kudakomeza kubana igihe bitagishobotse.
1. Impamvu nshya zemewe mu itegeko rishya
Itegeko rishya ryongereye ingingo ya 248, rivuga ko buri wese mu
bashyingiranwe ashobora gusaba ubutane kubera imwe mu mpamvu zikurikira:
- Ubusambanyi
cyangwa kuba umwe yaragiye ataye urugo mu gihe cy’amezi 12 nta mpamvu
ifatika
- Guhohoterwa
ku mubiri cyangwa ku mitekerereze aha ni igihe umwe muri mubashakanye ahohotera
undi haba ku mubiri cyangwa mubitekerezo harimo n’ihohoterwa rishengura
umutima w’umuntu.
- Imyitwarire
ibangamiye umwana bahuriyeho cyangwa umwe muri bo
- Kudatanga
ibitunga urugo cyangwa imyitwarire ibangamiye bikabije urega
Ibi byiyongeraho impamvu zabaga zisanzwe, harimo ihohoterwa
rishingiye ku gitsina no kudakomeza kubana imyaka ibiri ku bushake
bw’abashyingiranywe.
2. Impinduka ku gihe cyo kudakomeza kubana
Mu itegeko rishya, igihe cyemewe cyo gutandukana kubera kutabana
cyagabanijwe, aho mbere byasabaga amezi 12, ubu umuntu ashobora gusaba ubutane
nyuma y’amezi 6 adakomeje kubana n’undi. Ibi byorohereza abashakanye bafite
ikibazo gikomeye cyo kudakomeza kubana, bityo bikagabanya uburemere bw’imanza.
Gutandukana kw’abashakanye, amategeko y’umuryango, Rwanda 2024,
ihohoterwa mu miryango, ubusambanyi, Raporo z’Ubucamanza n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe
Ibarurishamibare (NISR) zigaragaza ko umubare w’abashaka gutandukana wagendaga
wiyongera mu myaka ishize:
- 2016:
ibirego 21
- 2017: ibirego 69
- 2018: ibirego 1311
- 2019: ibirego 8941
- 2020: ibirego 3213
- 2021/2022: ibirego 3322
Ibi bigaragaza ko ikibazo cy’ubutandukane burambye
bw’abashakanye ari kimwe mu bibangamiye umuryango nyarwanda, bityo guhindura
amategeko bikaba bigamije kurushaho kurengera inyungu z’abashakanye n’umwana
cyangwa Abana bafitanye.
4. Icyemezo cy’inkiko n’igihe cyo gutanga ikirego
Ingingo ya 250 y’itegeko rigenga abantu n’umuryango iteganya ko
ikirego gisaba ubutane gisaba gutangwa n’umwe mu bashyingiranywe, kikaregerwa
kandi kikaburanishwa nk’izindi manza. Icyakora, ikirego kigomba gutangwa
hashize imyaka itanu kuva igihe impamvu yamenyekanye.
Itegeko rishya ry’u Rwanda rigamije kurengera uburenganzira
bw’abashyingiranwe, gukumira ihohoterwa no korohereza uburyo bwo gutandukana ku
mpamvu zifatika. Abashakanye n’abashinzwe ubutabera basabwe gukurikiza
amategeko mashya, mu rwego rwo kubaka umuryango utekanye kandi uharanira
inyungu z’abana.
Sura igitabo kirimo iyi ngingo nshya AHA
IMIHIGONEWS|Ubuzima bw’Imiryango

0 Comments
Imihigonews