![]() |
| Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 27 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Photo: Eastern Province Office |
Mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Mukarange
ruherereye mu Karere ka Kayonza, kuri uyu wa 12 Mata 2026 habereye
igikorwa gikomeye cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu
1994, cyaranzwe n’amarangamutima akomeye, kwibuka amateka no gushyingura mu
cyubahiro imibiri mishya yabonetse.
Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Habimana Dominique Guverineri w’Intara
y’Iburasirazuba, Rubingisa Pudence, intumwa za rubanda, inzego z’umutekano
abayobozi b’amadini n’amatorero ndetse n’abaturage benshi baturutse mu bice
bitandukanye.
Mu buhamya n’ubutumwa byatangiwe i Mukarange, hibukijwe ibyabaye
ku wa 12 Mata 1994, ubwo Abatutsi barenga 5000 bari bahungiye kuri Kiliziya ya
Mukarange no mu nkengero zayo bizeye ubuhungiro. Icyizere cyabo cyahindutse
umwijima w’icuraburindi, kuko interahamwe zahagabye ibitero bikabicira aho bari
bahungiye, aho Haje kuba hamwe mu hantu ndangamateka hagaragaza ubukana
Jenoside yakoranywe.
Urwibutso rwa Mukarange rusanzwe rushyinguyemo imibiri 9,375
y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Kuri uyu munsi wihariye wo Kwibuka ku
nshuro ya 32, hongeye gushyingurwa mu cyubahiro imibiri 27 yabonetse mu Mirenge
ya Kabarondo na Ruramira ndetse n’iyari imaze igihe ishyinguye mu buryo
budahesha agaciro abayishyinguwemo.
Ubutumwa bwatanzwe n’abayobozi bwagarutse ku gukomeza guharanira
ubumwe bw’Abanyarwanda, gusigasira amateka nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi
no kurwanya abapfobya n’abayihakana. Hanashimangiwe ko Kwibuka atari ugusubira
inyuma, ahubwo ari umwanya wo kwiyubaka no gukomeza urugendo rwo kubaka igihugu
gishingiye ku bumwe, ukuri n’ubudaheranwa.
Abaturage n’imiryango y’abarokotse Jenoside bitabiriye iki
gikorwa bagaragaje ko gukomeza gushakisha imibiri y’abazize Jenoside no
kuyishyingura mu cyubahiro ari intambwe ikomeye mu gukomeza kunga ubumwe no
guha agaciro abishwe bazira uko bavutse.
Iki gikorwa kiri mu bikorwa bikomeje hirya no hino mu gihugu byo
Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, aho Aho Twibuka hibukwa
amateka, hakongera kwiyemeza ko Jenoside itazongera kubaho ukundi(Never again).



0 Comments
Imihigonews