-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Bugesera: Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 52 y’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.



Mu gihe u Rwanda n’Isi bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, imibiri 52 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Mirenge ya Gashora na Rilima yo mu Karere ka Bugesera yashyinguwe mu cyubahiro, hibutswa urubyiruko inshingano zo kurinda amateka no kwirinda abagoreka ukuri.

Iki gikorwa cyabaye ku wa 11 Mata 2026, ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gashora. Imibiri yashyinguwe igizwe na 47 yabonetse mu Murenge wa Gashora n’indi itanu yabonetse mu Murenge wa Rilima.

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Bwana Mutabazi Richard, yihanganishije imiryango yashyinguye ababo, agaragaza ko kuba hagishyingurwa imibiri nyuma y’imyaka 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe bigaragaza ubukana yakoranywe, ndetse n’uko hakiri amakuru ataratangwa ku hantu hari imibiri.

Yagize ati:“Gukomeza gushyingura imibiri nyuma y’imyaka 32 ni ikimenyetso cy’ubukana Jenoside yakoranywe ariko kandi bikagaragaza n’uko hari amakuru ataratangwa uko bikwiye mu rugendo rwo kwiyubaka no kubaka ubumwe n’ubwiyunge.”

Mu izina ry’imiryango yashyinguye ababo, Nkurunziza Pierre Damien yashimiye ubuyobozi bwahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, agaragaza ko n’ubwo hari umugambi wo gutsemba Abatutsi, utagezweho kubera ubutwari bw’Inkotanyi.

Yagize ati:“Turashimira ubuyobozi bwiza bwahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, bugakomeza no kudufasha gukira ibikomere. Turashima n’imbaraga zishyirwa mu gushakisha imibiri y’abacu kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.”

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Bugesera, Bwana Bankundiye Chantal, yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari umwanya wo guhangana n’ingengabitekerezo yayo. Yasabye urubyiruko kurangwa n’ukuri no kwirinda inyigisho zibayobya cyangwa zipfobya Jenoside.

Na ho Mukandanga Speciose, yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari inshingano ya buri Munyarwanda, ashima ubutwari bw’Inkotanyi zahagaritse Jenoside anasaba buri wese gukomeza guharanira ko itazongera ukundi.

Iki gikorwa cyabaye mu gihe ibikorwa byo gushakisha no gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bikomeje hirya no hino mu gihugu, bigamije guha icyubahiro abazize Jenoside no gukomeza gusigasira amateka nyayo.


IMIHIGONEWS.RW/KWIBUKA32

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153