-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Twirwaneho ifatanyije na AFC/M23 yinjiye mu gace ka Kipupu muri Itombwe


Abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho ufatanyije n’ihuriro rya AFC/M23 binjiye mu gace ka Kipupu, ari na ho hari ibiro bya Segiteri ya Itombwe, mu misozi miremire ya teritwari ya Mwenga, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi byabaye ku wa Gatandatu, aho amakuru aturuka muri ako gace avuga ko abarwanyi ba Twirwaneho bageze muri Kipupu ku manywa y’ihangu, bavuye mu gace ka Mikenge, mu Gurupema des Bashimukindje. Kwinjira kwabo kwabaye mu gihe umutekano muri aka karere ukomeje kuba muke, nyuma y’imirwano ikaze imaze iminsi ihanganishije imitwe yitwaje intwaro n’ingabo za Leta.

 Abaturage batuye mu gace ka Kipupu batangaje ko batunguwe no kubona abarwanyi ba Twirwaneho binjira muri ako gace bafite intwaro nyinshi, ariko bakagenda mu mutuzo udasanzwe. Umwe mu baturage yabwiye urubuga ACTUALITE.CD ko bamwe mu baturage bahisemo guhunga kubera ubwoba, nubwo yavuze ko abo barwanyi binjiye muri Kipupu batigeze barasa n’isasu na rimwe.

Yagize ati: “Twabatunguye babonye binjira ku manywa, bafite intwaro zihagije, ariko nta rusaku rw’imbunda rwumvikanye. Bamwe mu baturage bahisemo guhunga, abandi barasigara.”

Amashusho yafashwe n’abaturage agaragaza abasore ba Twirwaneho bagenda ku murongo umwe, nta n’umwe uvuga, ndetse nta rusaku rw’imbunda cyangwa imirwano byagaragaye muri ako gace.

Iyi myitwarire yabo itandukanye n’ibikorwa by’intambara bikunze kurangwa n’urusaku n’imirwano ikomeye, byatumye bamwe mu baturage bibaza ku mugambi nyakuri w’aba barwanyi muri Kipupu.

Kwinjira kwa Twirwaneho muri aka gace kwabaye nyuma y’uko ingabo za Leta ya Congo (FARDC) zifatanyije n’ingabo z’u Burundi zari ziri ku rugamba zitakaje umujyi wa Uvira ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, ibintu byahinduye isura y’umutekano muri Kivu y’Amajyepfo.

Ku rundi ruhande, amahanga akomeje kotsa igitutu ihuriro rya AFC/M23 nyuma yo gufata umujyi wa Uvira. Ibi bibaye mu gihe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika harasinywe amasezerano y’amahoro hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, agamije kugabanya umwuka mubi umaze igihe hagati y’ibihugu byombi.

Nubwo bimeze bityo ariko, AFC/M23 yo ikomeje ibiganiro na Leta ya Congo biri kubera i Doha muri Qatar, bigamije gushaka umuti urambye ku bibazo by’umutekano byugarije uburasirazuba bwa Congo.

 

Umutwe wa M23 watangaje ko amasezerano yasinyiwe i Washington DC atawureba, kuko yasinywe agamije gukemura amakimbirane ari hagati y’u Rwanda na Congo, aho gukemura ibibazo by’imizi biri imbere mu gihugu cya Congo. Mu gihe ibiganiro bikomeje ku rwego mpuzamahanga, abaturage bo mu bice byibasiwe n’intambara bakomeje kubaho mu bwoba n’ukutamenya ejo hazaza h’umutekano wabo.



IMIHGIGONEWS.RW

 


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153