-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

TECNO izanye AI 4 zihindura uko Abanyafurika bazarebera Igikombe cya Afurika 2025 bameze nk’abari kuri Sitade

                            Morocco vs Comoros opening match at AFCON 2025 in Rabat stadium


Mu gihe siporo y’umupira w’amaguru ikomeje kuba umwihariko ku mugabane wa Afurika, iterambere ry’ikoranabuhanga riri guhindura uko abafana bawukurikira. Uruganda rukora telefoni rwa TECNO Mobile, rumaze kwigarurira imitima ya benshi muri Afurika, rwatangaje ikoranabuhanga rishya rishingiye ku bwenge bw’ubukorano (AI) rigamije guha abafana uburambe bushya mu gihe cy’Igikombe cya Afurika (AFCON) 2025.

Nk’umufatanyabikorwa wa CAF ku rwego mpuzamahanga, TECNO Mobile yashyize ahagaragara AI 4 nshya zishingiye kuri Ella AI, zigamije gufasha abakunzi b’umupira w’amaguru muri Afurika gukurikirana imikino y’Igikombe cya Afurika mu buryo bwimbitse, busesenguye kandi bunogeye ijisho, bameze nk’abicaye muri sitade nyamara bari mu mazu yabo.

Mu gihe hasigaye iminsi micye ngo Igikombe cya Afurika 2025 gitangire, TECNO Mobile yemeje ko itifuza gusa ko abafana bareba imikino, ahubwo ko ishaka ko bayiyumvamo, bayisesengura kandi bayigiramo uruhare mu buryo bushya butigeze bubaho mbere.

Iri koranabuhanga rishya rishingiye kuri Ella AI, ryashyizweho hagamijwe guhindura telefoni isanzwe ikava ku kuba igikoresho cyo gufata amashusho gusa, ahubwo igahinduka umusesenguzi w’umukino, umunyamakuru wihariye, n’ububiko bw’ibihe by’amateka by’umupira w’amaguru.

1. Ella Match Decoder

Ella Match Decoder ni AI yihariye ya TECNO ishobora gusoma no gusesengura imikinire iri kubera mu kibuga mu gihe nyacyo. Iyi sisitemu ikurikirana uko abakinnyi bahagaze, uburyo amakipe ategura imikinire yayo, imigendere y’umupira, amakosa n’impinduka zigira ingaruka ku mukino.

Iyo habaye igikorwa gikomeye nko gutsinda igitego, gutakaza umupira, guhindura umukinnyi cyangwa guhindura uburyo bwo gukina, Ella Match Decoder ihita isobanura icyabaye n’icyo bivuze ku musaruro w’umukino. Ibi bifasha umufana gusobanukirwa umukino mu buryo bwimbitse kurusha kurebera gusa.

2. Ella Snap & Know

Ella Snap & Know ni ikoranabuhanga rifasha umufana kubona ibisobanuro byihuse binyuze ku mashusho cyangwa videwo yafashwe mu gihe cy’umukino. Umufana afashe ifoto cyangwa videwo y’igikorwa runaka, AI ihita isesengura ibyo ibonye, ikagaragaza amakuru ajyanye n’abakinnyi babigizemo uruhare, uko igikorwa cyakozwe n’ingaruka zacyo ku mukino.

Ubu buryo bufasha cyane abafana badafite ubumenyi buhambaye ku mupira w’amaguru, kuko bubafasha gusobanukirwa buri gikorwa batiriwe bategereza ibisobanuro byo kuri televiziyo.

3. Ella Match Highlight

Mu bihe byashize, abafana bajyaga bategereza amashusho agaragazwa na televiziyo cyangwa akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga kugira ngo bongere barebe ibihe by’ingenzi by’umukino. TECNO ivuga ko ubu buryo bwasimbuwe.

Ella Match Highlight ikusanya mu buryo bwikora ibihe byose by’ingenzi by’umukino birimo ibitego, amakosa akomeye, uburyo bw’imikinire n’igihe cyose cyagize uruhare mu mateka y’umukino, bityo umufana akabireba igihe icyo ari cyo cyose atiriwe ashakisha.

4. Ella Star Cam

Ella Star Cam yo yibanda ku byiyumvo n’amarangamutima y’abafana. Iri koranabuhanga rifata amashusho yerekana ibyishimo, impagarara, amarira n’ibyishimo by’abafana aho bari hose.

Iyi AI ikurikirana uko abafana bakira buri gikorwa cy’umukino, ikagaragaza umwuka wa sitade ku bantu barebera mu rugo. Bityo, n’uri kure, yumva ko ari mu mwuka w’umukino aho kuwurebera nk’uri hanze yawo.



Ikoranabuhanga rihuza siporo n’amarangamutima,
TECNO ivuga ko iyi AI 4 igamije guhuza siporo, ikoranabuhanga n’amarangamutima y’abafana, ikabafasha kuba igice cy’umukino aho kuba abawureba gusa. Ibi bigaragaza uko ikoranabuhanga riri guhindura isura ya siporo muri Afurika.

Mu gihe Igikombe cya Afurika 2025 kizaba kuva ku wa 21 Ukuboza 2025 kugeza ku wa 18 Mutarama 2026, TECNO Mobile irifuza ko abafana bo muri Afurika bataguma kure y’umukino, ahubwo bakawiyumvamo mu buryo bushya kandi bugezweho.

Umukino wo gufungura iri rushanwa uzabera kuri Sitade ya Complexe Sportif Prince Moulay Abdellah i Rabat muri Maroc, aho Maroc izahura na Comoros. Ku bufatanye bwa siporo n’ikoranabuhanga, TECNO Mobile igaragaje ko ejo hazaza h’umupira w’amaguru muri Afurika hatari mu kibuga gusa, ahubwo no mu maboko y’abafana binyuze muri telefoni zabo.

 

IMIHIGO | imihigonews.rw

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153