Komite nshya zigiye kwiga ku masaha y’akazi arenze urugero imikoreshereze ya locum (umukozi w’agateganyo usimbura undi ) n’ibibazo by’icyemezo cy’amahugurwa y’abaganga bakiri mu mwuga
Leta ya Nigeria yashyizeho komite ebyiri zo ku rwego rwa
minisiteri zigamije gukemura amakimbirane amaze igihe hagati yayo n’abakozi bo
mu rwego rw’ubuzima ashingiye ku masaha y’akazi arenze urugero, imikorere ya locum
n’ibibazo bijyanye no kwemeza amahugurwa y’abaganga biga umwuga (resident
doctors) mu rwego rwo guteza imbere imibereho y’abakozi kurinda umutekano
w’abarwayi no kuvugurura urwego rw’ubuzima muri rusange.
Izi ngamba zatangajwe ku mugaragaro ku wa 16 Mutaramai Abuja
binyuze mu itangazo ryashyizweho umukono na Alaba Balogun Umuyobozi ushinzwe
Itumanaho n’Imibanire rusange muri Minisiteri y’Ubuzima n’Imibereho myiza.
Komite zombi zatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri wungirije w’Ubuzima
n’Imibereho myiza, Dr Iziaq Adekunle Salako.
Dr Salako yavuze ko gushyiraho izi komite biri mu murongo mugari
wa Leta wo kuvugurura urwego rw’ubuzima, kugabanya amakimbirane akomeje
kugaragara no guteza imbere umutekano w’abarwayi n’imibereho myiza y’abakozi.
Yasobanuye ko ibibazo by’amasaha menshi y’akazi imikorere
idahwitse ya locum n’ibirebana no kwemeza amahugurwa ya abaganga biga
umwuga byagiye bigaragara kenshi nk’intandaro y’imyigaragambyo n’ihungabana
ry’imibanire hagati ya Leta n’amashyirahamwe y’abakozi bo mu rwego rw’ubuzima.
Komite ya mbere yiswe Ministerial Committee on Work Hour
Regulation and Locum Engagement Policy, yashyiriweho kwiga no gutanga ibisubizo
ku masaha y’akazi ananiza abakozi n’imikoreshereze idahwitse ya locum mu
bitaro bya Leta.
Minisitiri Salako yagaragaje ko amasaha y’akazi arenze urugero
agira ingaruka mbi ku buzima bwo mu mutwe no ku mubiri w’abakozi, ndetse
bikongera ibyago ku barwayi, by’umwihariko mu gihe Isi ihanganye n’ikibazo
gikomeye cy’ibura ry’abakozi mu rwego rw’ubuzima.
Yifashishije imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku
Buzima (OMS/WHO) Salako yavuze ko biteganyijwe ko Isi izaba ibuze abakozi
b’ubuzima bagera kuri miliyoni 11 bitarenze umwaka wa 2030 aho Nigeria iri mu
bihugu byibasiwe cyane n’ihunga ry’abaganga n’abandi bakozi berekeza i Burayi
muri Amerika ya Ruguru n’ahandi mu bihugu bikize.
Yongeyeho ko mu mezi 21 ashize, Leta ya Nigeria yafashe ingamba
zitandukanye zo gukomeza urwego rw’abakozi b’ubuzima zirimo gushyiraho politiki
yo gucunga ihunga ry’abakozi (Health Workforce Migration Policy)
koroshya inzira zo kubona akazi,kongera imishahara no kwagura umubare
w’abemerewe kwiga n’amahugurwa.
Mu mibare yatanzwe, yavuze ko abakozi mu buzima banaga 14,444
bahawe akazi mu 2024 ni mu gihe 23,059 bemejwe mu 2025 aho abarenga 70% ari
abakozi bakora mu rwego rw’ubuvuzi by’umwihariko.
Abasesenguzi bagaragaza ko izi komite nshya zishobora kuba
intambwe ikomeye mu kugabanya amakimbirane amaze igihe hagati ya Leta ya
Nigeria n’abakozi bo mu rwego rw’ubuzima, n’ubwo intsinzi yazo izashingira ku
gushyira mu bikorwa inama zizava mu byemezo zizafatwa. Izi ngamba kandi
zishobora kubera amasomo ibindi bihugu bya Afurika bihanganye n’ibibazo bisa
nk’ibi mu rwego rw’ubuzima.
IMIHIGO NEWS | With in the best News

0 Comments
Imihigonews