![]() |
| University of Rwanda-Logo image |
Kaminuza iramenyesha abanyeshuri bose bitabira gahunda ya Holiday
Session – Ishami ry’Uburezi ko hakurikijwe amabwiriza y’Inama Nkuru y’Amashuri
Makuru (HEC), igihe cyo kwiga muri iyi gahunda cyemejwe ko ari imyaka 5
y’amasomo.
Abanyeshuri basabwa kurangiza neza amasomo yose ateganyijwe mu myaka
ine ya mbere. Nyuma yo kuyasoza, mu mwaka wa gatanu, bagomba gukora ibi
bikurikira mbere yo kurangiza burundu:
1.
Imenyerezamwuga yo Kwigisha (Teaching Internship II)
Iyi menyerazwuga ni igikorwa cya nyuma gisabwa abanyeshuri bose
barangije neza amasomo yose y’imyaka ine.
2.
Icyemezo Mpuzamahanga mu Bumenyi bw’Ikoranabuhanga (ICDL)
Abanyeshuri bagomba kurangiza amasomo 6 ya ICDL ateganywa na kaminuza
kugira ngo bahabwe iki cyemezo.
3.
Gukora no Kurengera Umushinga w’Ubushakashatsi (Research
Project)
Abanyeshuri bagomba gutegura, gutanga no gusobanura neza umushinga wabo
hakurikijwe amabwiriza ya kaminuza.
Ubuyobozi bwa kaminuza buramenyesha ko nta mafaranga y’ishuri
azishyurwa mu mwaka wa gatanu ahubwo abanyeshuri bazishyura gusa amafaranga
ajyanye n’ubushakashatsi n’ibindi bisabwa hakurikijwe amabwiriza asanzwe ya
kaminuza.
Abanyeshuri basabwe kwitondera ibi byose no gutegura gahunda y’amasomo
yabo neza, kugira ngo barangize neza Holiday Session. Kubindi bisobanuro,
abanyeshuri barasabwa kuvugana n’Ibiro bya Dekani cyangwa Ishami rishinzwe
Amasomo.
Byemejwe n’Ubuyobozi bwa Kaminuza
Prof. Martins Onyeikwu Onuorah
Visi-Chanseliye

0 Comments
Imihigonews